| dc.description.abstract |
Ubu bushakashatsi bwiswe “Imbogamizi mu myigire n’imyigishirize yo gusoma ururimi
rw’Ikinyarwanda mu mwaka wa gatatu w’ ikiciro cya mbere cy’amashuri abanza:
Urugero rw’Akarere ka Gasabo” bwari bufite intego yo kugaragaza imbogamizi zigaragara
mu myigire n’imyigishirize yo gusoma ururimi rw’Ikinyarwanda n’uburyo bukwiye
bwakwifashishwa mu kunoza imisomere iboneye y’ururimi rw’Ikinyarwanda mu mwaka wa
gatatu w’ikiciro cya mbere cy’amashuri abanza. Bwari bufite kandi intego zihariye zikurikira:
(1) Kwerekana uburyo abarimu bigisha mu mwaka wa gatatu w’amamashuri abanza bakoresha
bigisha gusoma mu ururimi rw’Ikinyarwanda. (2) Kugaragaza imbogamizi abanyeshuri bo mu
mwaka wa gatatu bahura na zo mu gihe k’imyigire n’imyigishirize yo gusoma Ikinyarwanda. (3)
Kugaragaza imbogamizi abarimu bahura nazo mu gihe k’imyigishirize yo gusoma ururimi
rw’Ikinyarwanda. gutoranya itsida nkeshwamakuru hakoreshejwe uburyo bwa nyampamvu aho
hatoranyijwe bamwe mu barimu n’abayobozi bo mu mashuri abanza. Hakusanyijwe amakuru
dukoresheje uburyo bw’iganirabaza (Interview) rifunguye. Iryo bazwa ryagaragazaga uburemere
bw’imbamutima z’abakeshwamakuru ku bibibazo n’ibisubizo batangaga. Ibyavuye mu
bushakashatsi byerekanye ko ku bigo by’amashuri bigera kuri 50% y’ibyo twakoreuyeho ubu
bushakashatsi bitagira ibitabo by’Ikinyarwanga kandi ko bihanira abanyeshuri kuvuga
Ikinyarwanda. Ni mu gihe ibindi bisigaye byitwa ko bifite ibitabo by’Ikinyarwanda usanga
ibitabo bidahagije aho abanyehuri mu gihe cyo gusoma bashyirwa mu matsinda. Hagaragajwe
kandi ko hari itoneshandimi mu mashuri amwe n’amwe aho usanga indimi nk’Icyongereza
n’Igifaransa zihabwa agaciro kurusha Ikinyarwanda. Mu gusuzuma umwanya ikoranabuhanga
rihabwa mu myigire n’imyigishirize yo gusoma ururimi rw’Ikinyarwanda, ubu bushakashatsi
bwagaragaje ko ikoranabuhanga ritarahabwa umwanya mu myigire n’imyigishirize yo gusoma
Ikinyarwanda cyane ko nta n’imyandiko y’ikinyarwanda wabona mu buryo bw’amajwi
n’amashusho. Ku kijyanye n’imbogamizi zigaragara mu myigire n’imyigishirize yo gusoma
Ikinyarwanda, ubu bushakashatsi bwerekanye ko harimo: ibitabo bidahagije, uruhare
rw’ababyeyi, uruhare rw’abayobozi b’ibigo by’amashuri, abarimu batize ikinyarwanga n’uburyo
bwo kukigisha. Abanyeshuri bajya mu mwaka wa gatatu batazi gutandukanya inyajwi n’inyuguti
ndetse n’ibindi. Hashingiwe ku byatangajwe n’abakeshwamakuru, hifujwe ko hakongerwa
ibitabo by’Ikinyarwanda byo gusoma cyane cyane mu kiciro cya mbere cy’amashuri abanza.
Hakwiye kandi kongerwa ibyubyumba by’amasomero ku bigo by’amashuri, imyandiko yo mu
bitabo by’Ikinyarwanda igashyirwa mu buryo bw’amajwi n’amashusho ikabikwa ndetse
igakoreshwa hifashishijwe Ikoranabuhanga. Abarimu bigisha Ikinyarwanda mu kiciro ubu
bushakashatsi bwakorewemo, bakwiye guhabwa amahugurwa ahoraho mu rwego rwo
kubongerera ubumenyi n’ubushobozi. |
en_US |