University of Rwanda Digital Repository

Imyigire n’imyigishirize y’inshoza y’izina ntera mu mashuri yisumbuye

Show simple item record

dc.contributor.author Ndahimana, Daniel
dc.date.accessioned 2023-07-13T09:31:36Z
dc.date.available 2023-07-13T09:31:36Z
dc.date.issued 2022-06
dc.identifier.uri http://hdl.handle.net/123456789/2046
dc.description Master's Dissertation en_US
dc.description.abstract Ubu bushakashatsi bwakozwe ku nsanganyamatsiko “Imyigire n‟imyigishirize y‟inshoza y‟izina ntera mu mashuri yisumbuye”, bwakozwe nyuma yo kubona inshoza zitandukanye zihabwa izina ntera mu Kinyarwanda zidatuma abanyeshuri baryumva neza. Ibitabo mfashanyigisho ndetse n‟iby‟ubushakashatsi ntibivuga inshoza imwe, kuko usanga byemeza inshoza zitandukanye z‟ubu bwoko bw‟ijambo. Izo nshoza ebyiri, ni ntera yafashe indomo, ndetse n‟izina rihurizwa ku izina rigaragiye n‟ikinyazina ngenera, rikarivugaho inkomoko, akarere, imimerere n‟imiterere cyangwa igikoresho kifashishijwe. Ubu bushakashatsi bwari bufite intego yo kugaragaza uburyo inshoza y‟izina ntera ivugwaho ndetse no kunoza imyigire n‟imyigishirize yaryo. Ku birebana n‟iyoboramikorere, ubu bushakashatsi bwifashishije uburyo nyamimerere ndetse na nyamubaro. Abakeshwamakuru batoranyijwe hashingiwe ku mpamvu, bahabwa ibibazo ndetse barabisubiza. Mu gukusanya amakuru ndetse hanasomwe ibitabo mfashanyigisho n‟iby‟ubushakashatsi bivuga ku kibonezamvugo k‟Ikinyarwanda, by‟umwihariko ku izina ntera. Mu gusesengura imbonwa, ubushakashatsi bwasanze izina ntera rizwi cyane ari ntera yafashe indomo, naho indi nshoza y‟izina ntera ntizwi, kandi na yo yigishwa mu mashuri. Ibi bikaba bigaragaza ko inshoza y‟izina ntera itumvikana neza mu mashuri yisumbuye. Inshoza yavuzwe mu bitabo by‟ubushakashatsi byifashishijwe mu gutegura ni yo itumvikana, bisobanura ko abateguye ibitabo mfashanyigisho batabashije kuyitsindagira ku buryo abanyeshuri bayifata. Ubushakashatsi rero bwatanze inshoza nshya ikubiyemo ibyavugwaga mu nshoza yahabwaga izina ntera ndetse n‟ingingo nshya, byose bikaba bituma inshoza y‟izina ntera irushaho kumvikana. Mu kwanzura, ubu bushakashatsi butanga inama ku nzego zishinzwe guteza imbere Ikinyarwanda, bugaragaza igikwiye gukorwa kugira ngo inshoza y‟izina ntera irusheho kumvikana. en_US
dc.language.iso other en_US
dc.subject Imyigire n‟imyigishirize en_US
dc.subject inshoza y‟izina ntera en_US
dc.subject amashuri yisumbuye en_US
dc.title Imyigire n’imyigishirize y’inshoza y’izina ntera mu mashuri yisumbuye en_US
dc.type Dissertation en_US


Files in this item

This item appears in the following Collection(s)

Show simple item record

Search Repository


Browse

My Account